Close MORE NEWS Indaya yashyinguranywe udukingirizo n’inzoga UMUBAVU.com Daniel MUKESHIMANA Kuya 19-01-2018 saa 08:57' whatsapp Facebook Mu mihango yo gusezera ku muntu witabye Imana, mu mico y’ibihugu byinshi ntibimenyerewe uretse ko bitanemewe ko hari ibintu runaka bishobora gushyinguranwa umuntu ariko mu gihugu cya Zimbabwe, umugore witwa Mashumba Nadia wari usanzwe ari indaya, yashyinguranwe udukingirizo n’inzoga benshi batangarira uyu muhango wo gusezera kuri nyakwigendera. Kimwe n’ahandi henshi ku isi ndetse no mu Rwanda rwacu, iyo bashyingura uwatabarutse bifashisha/cyangwa bamuherekeza bakoresheje amazi, indobo n’igitaka ariko uyu we yaherekereshejwe udukingirizo n’inzoga ku gituro cye. Mashumba Nadia yatabarutse ku wa kabiri w’iki cyumweru akaba yari asanzwe akora umwuga w’uburaya, bivugwa ko yazize umurimo we w’uburaya abandi bakavuga ko yazize Cancer y’inkondo y’umura nkuko ikinyamakuru Nairaland cyo muri Zimbabwe kibitangaza. Uburyo yashyinguwemo bwatunguye benshi bo mu muryango we ndetse n’abandi bibaza uburyo uyu muhango watekerejweho. Mu gace ka Seke, kabarizwa mu Mujyi wa Harare, niho uyu mugore yashyinguwe na bamwe mu bo bakoranaga umwuga w’uburaya bahari bavuga ko baje guherekeza mugenzi wabo witabye Imana. Abagabo bari abakiriya be ntabo ntibatanzwe mu buryo basobanuraga ko babuze umucuruzi wabo, bavuze ko bamwifurije kuruhukira mu mahoro kandi ko nabo bazamusanga yo dore ko iherezo rya muntu ari urupfu. Mu mwanya wo gusezera kuri nyakwigendera, nibwo abo mu muryango we bafashe udukingirizo tw’abagore n’utw’abagabo batunyanyagiza ku murambo we ari nako abandi basuka inzoga z’amako atandukanye ku isanduku ye. Imiryango y’uyu mugore ndetse n’inshuti ze babwiye abitabiriye uwo muhango wo gushyingura uyu mugore ko bamuherekeje bakoresheje udukingirizo bashingiye ku mwuga yakoraga kandi ko inzoga zifashishijwe ari zimwe mu zo yakundaga kunywa akiri ku isi. Daniel MUKESHIMANA/Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Indaya yashyinguranywe udukingirizo n’inzoga UMUBAVU.com Daniel MUKESHIMANA Kuya 19-01-2018 saa 08:57' whatsapp Facebook Mu mihango yo gusezera ku muntu witabye Imana, mu mico y’ibihugu byinshi ntibimenyerewe uretse ko bitanemewe ko hari ibintu runaka bishobora gushyinguranwa umuntu ariko mu gihugu cya Zimbabwe, umugore witwa Mashumba Nadia wari usanzwe ari indaya, yashyinguranwe udukingirizo n’inzoga benshi batangarira uyu muhango wo gusezera kuri nyakwigendera. Kimwe n’ahandi henshi ku isi ndetse no mu Rwanda rwacu, iyo bashyingura uwatabarutse bifashisha/cyangwa bamuherekeza bakoresheje amazi, indobo n’igitaka ariko uyu we yaherekereshejwe udukingirizo n’inzoga ku gituro cye. Mashumba Nadia yatabarutse ku wa kabiri w’iki cyumweru akaba yari asanzwe akora umwuga w’uburaya, bivugwa ko yazize umurimo we w’uburaya abandi bakavuga ko yazize Cancer y’inkondo y’umura nkuko ikinyamakuru Nairaland cyo muri Zimbabwe kibitangaza. Uburyo yashyinguwemo bwatunguye benshi bo mu muryango we ndetse n’abandi bibaza uburyo uyu muhango watekerejweho. Mu gace ka Seke, kabarizwa mu Mujyi wa Harare, niho uyu mugore yashyinguwe na bamwe mu bo bakoranaga umwuga w’uburaya bahari bavuga ko baje guherekeza mugenzi wabo witabye Imana. Abagabo bari abakiriya be ntabo ntibatanzwe mu buryo basobanuraga ko babuze umucuruzi wabo, bavuze ko bamwifurije kuruhukira mu mahoro kandi ko nabo bazamusanga yo dore ko iherezo rya muntu ari urupfu. Mu mwanya wo gusezera kuri nyakwigendera, nibwo abo mu muryango we bafashe udukingirizo tw’abagore n’utw’abagabo batunyanyagiza ku murambo we ari nako abandi basuka inzoga z’amako atandukanye ku isanduku ye. Imiryango y’uyu mugore ndetse n’inshuti ze babwiye abitabiriye uwo muhango wo gushyingura uyu mugore ko bamuherekeje bakoresheje udukingirizo bashingiye ku mwuga yakoraga kandi ko inzoga zifashishijwe ari zimwe mu zo yakundaga kunywa akiri ku isi. Daniel MUKESHIMANA/Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu