Close MORE NEWS Tshisekedi arifuza kuvugurura amasezerano RDC yagiranye n’u Bushinwa mu by’amabuye y’agaciro UMUBAVU.com Umubavu Kuya 12-09-2021 saa 14:07' whatsapp Facebook Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yasabye ko habaho impinduka mu masezerano igihugu cye cyagiranye n’u Bushinwa mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kuko atungukira impande zombi. Ayo masezerano yasinywe na Perezida Joseph Kabila mu mwaka wa 2008. Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Gatanu, Perezida Tshisekedi yavuze ko kuba nta bikorwa remezo igihugu gifite kandi hari abirirwa bacukura amabuye yacyo y’agaciro, bidakwiriye. Kubwa Perezida Joseph Kabila, RDC n’u Bushinwa byasinye amasezerano yo gucukura amabuye y’agaciro, aho u Bushinwa bwemeye kubakira icyo gihugu ibikorwa remezo bya miliyari icyenda z’amadolari. Umuryango Mpuzamahanga w’ubukungu warabyamaganye ushyira igututu kuri Congo, uvuga ko ayo masezerano azashyira mu kaga ubukungu bw’igihugu. Byatumye agaciro k’ayo masezerano kagabanywa, hasigara ibifite agaciro ka bibiri bya gatatu by’agaciro ka mbere. Kugeza ubu, Aljazeera yatangaje ko u Bushinwa bumaze gutanga agera kuri miliyari 2.74 z’amadolari. Muri Gicurasi uyu mwaka, Perezida Tshisekedi ubwo yasuraga umujyi wa Kolwezi ucukurwamo amabuye y’agaciro, yavuze ko hakenewe amavugurura mu masezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Kabila yagiye asinya. Yagize ati “Ntabwo byumvikana uburyo abo igihugu cyagiye gisinyana nabo amasezerano bakira cyane, mu gihe abaturage bacu barushaho gutindahara. Ni igihe ngo tuvugurure amasezerano n’abacukura amabuye yacu kugira ngo buri ruhande rwunguke.” Mu ntangiriro z’uyu mwaka, u Bushinwa bworohereje Congo amadeni yari iburimo kugira ngo ibashe guhangana n’ibibazo by’ubukungu byatewe n’ingaruka za Covid-19. Congo yakuriweho inyungu ku nguzanyo yagombaga kwishyura u Bushinwa mu mwaka wa 2020. Amakuru yatanzwe na Johns Hopkins University agaragaza ko hagati ya 2000 na 2018, u Bushinwa bwahaye Congo inguzanyo 53 ziganjemo izagiye mu by’ingufu z’amashanyarazi, gutwara abantu n’ibintu ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Tshisekedi arifuza kuvugurura amasezerano RDC yagiranye n’u Bushinwa mu by’amabuye y’agaciro UMUBAVU.com Umubavu Kuya 12-09-2021 saa 14:07' whatsapp Facebook Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yasabye ko habaho impinduka mu masezerano igihugu cye cyagiranye n’u Bushinwa mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kuko atungukira impande zombi. Ayo masezerano yasinywe na Perezida Joseph Kabila mu mwaka wa 2008. Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yabaye kuri uyu wa Gatanu, Perezida Tshisekedi yavuze ko kuba nta bikorwa remezo igihugu gifite kandi hari abirirwa bacukura amabuye yacyo y’agaciro, bidakwiriye. Kubwa Perezida Joseph Kabila, RDC n’u Bushinwa byasinye amasezerano yo gucukura amabuye y’agaciro, aho u Bushinwa bwemeye kubakira icyo gihugu ibikorwa remezo bya miliyari icyenda z’amadolari. Umuryango Mpuzamahanga w’ubukungu warabyamaganye ushyira igututu kuri Congo, uvuga ko ayo masezerano azashyira mu kaga ubukungu bw’igihugu. Byatumye agaciro k’ayo masezerano kagabanywa, hasigara ibifite agaciro ka bibiri bya gatatu by’agaciro ka mbere. Kugeza ubu, Aljazeera yatangaje ko u Bushinwa bumaze gutanga agera kuri miliyari 2.74 z’amadolari. Muri Gicurasi uyu mwaka, Perezida Tshisekedi ubwo yasuraga umujyi wa Kolwezi ucukurwamo amabuye y’agaciro, yavuze ko hakenewe amavugurura mu masezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Kabila yagiye asinya. Yagize ati “Ntabwo byumvikana uburyo abo igihugu cyagiye gisinyana nabo amasezerano bakira cyane, mu gihe abaturage bacu barushaho gutindahara. Ni igihe ngo tuvugurure amasezerano n’abacukura amabuye yacu kugira ngo buri ruhande rwunguke.” Mu ntangiriro z’uyu mwaka, u Bushinwa bworohereje Congo amadeni yari iburimo kugira ngo ibashe guhangana n’ibibazo by’ubukungu byatewe n’ingaruka za Covid-19. Congo yakuriweho inyungu ku nguzanyo yagombaga kwishyura u Bushinwa mu mwaka wa 2020. Amakuru yatanzwe na Johns Hopkins University agaragaza ko hagati ya 2000 na 2018, u Bushinwa bwahaye Congo inguzanyo 53 ziganjemo izagiye mu by’ingufu z’amashanyarazi, gutwara abantu n’ibintu ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu