Umuherwe Jeff Bezos mu minsi 4 gusa yisubije umwanya w’ukize ku Isi

Nyuma y’iminsi 4 gusa, umuherwe Jeff Bezos wari usanzwe ari umukire agakurwaho na Elon Musk, ubu uyu muherwe yahise yisubiza uyu mwanya uharanirwa n’abakire bakomeye ku Isi, bikaba byanahuriranye n’umunsi w’isabukuru ye y’amavuko.

Uyu muherwe wa mbere ku Isi kuri ubu, Jeff Bezos yavutse tariki 12 Mutarama 1964, ibisobanuye ko uyu munsi yujuje imyaka 57 y’amavuko akaba ari na bwo yasubiye kuri uyu mwanya wa Mbere mu bakize ku Isi.

Nk’uko byatangajwe n’urubuga Forbes rusanzwe rukora urutonde rw’abantu bakize ku Isi, Elon Musk unafite inkomoko muri Afurika yamaze kuva ku mwanya wa Mbere mu baherwe nyuma yo guhomba mu munsi umwe agera kuri Miliyari 13.5 z’amadorali yose, ubu akaba atunze angana na Miliyari 176.2 z’amadorali, ibimushyira ku mwanya wa Kabiri nyuma ya Jeff Bezos wamaze kwisubiza umwanya wa Mbere.

Jeff Bezos nyiri uruganda rwa Amazon, ni we uyoboye urutonde rw’umuherwe wa Mbere ku Isi kugeza aka kanya nk’uko bishimangirwa na Forbes, atunze agera kuri Miliyari 182.1 z’amadorali, gusa na we yahombye agera kuri Miliyari 3.6 z’amadorali ku mafaranga yari asanzwe atunze.

Jeffrey Preston Jorgensen (Jeff Bezos) yavukiye ahitwa Albuquerque, muri New Mexico ku ya 12 Mutarama 1964, umuhungu wa Jacklyn na Ted Jorgensen. Igihe yavukaga, nyina yari umunyeshuri w’imyaka 17 mu mashuri yisumbuye naho se yacuruzaga amagare.

ABATURAGE BA BANNYAHE NONEHO BARIYE KARUNGU, BATI “MINISITIRI ABA YAREGUYE” GUSA AGAHINDA KAGIYE KUBICA, BUMVE MURI IYI VIDEO UTAPFA GUSANGA AHANDI:





Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru



Igitekerezo